Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Intego

  • Kubungabunga ihame ry’ubukungu rusange rihamye, rifite izamuka rito ry’ibiciro (inflation), ingengo y’imari ifite icyuho kidakabije, n’umwenda wa Leta ushobora kwishyurwa ku buryo burambye.
  • Guteza imbere igenamigambi rishingiye ku bimenyetso n’imibare (evidence-based planning) n’ingengo y’imari ishingiye ku mikorere n’ibyagezweho (performance-based budgeting).
  • Gukusanya umutungo ukomoka imbere mu gihugu no hanze yacyo, nk’imisoro, imisanzu y’ubwiteganyirize, inkunga, inguzanyo, n’ibindi.
  • Kugera ku bipimo mpuzamahanga byo hejuru mu micungire y’imari ya Leta (Public Finance Management – PFM) kugira ngo imikoreshereze y’umutungo ibe inogeye buri wese kandi ibazwe.
  • Kunoza itangwa rya serivisi za Leta no kongera kubazwa inshingano binyuze mu micungire myiza y’imari n’imisoro ishingiye ku kwegereza ubuyobozi abaturage (financial and fiscal decentralization).
  • Gufasha kongera umusaruro w’ubukungu, amahirwe y’akazi, uburyo bwiza bwo gushora imari, n’ubuziranenge bw’ishoramari rya Leta.
  • Gufasha kuzamura imibereho myiza y’abaturage n’iterambere ry’abantu (human development) mu bidukikije birambye.
  • Guteza imbere isoko ry’imari rifite imbaraga, rikora neza kandi rihamye, rishobora gugerwaho n’ibyiciro byose by’abaturage.
  • Guteza imbere isoko ry’umurimo rinyuze kandi ryorohereza abantu, rishishikariza ubucuruzi n’udushya (entrepreneurship) no kwihanganira ingorane mu rwego rw’iterambere ry’ubukungu.
  • Gushyiraho gahunda nziza kandi iringaniza y’imisoro n’inyungu z’abaturage, ishishikariza gukora, kuzigama no gushora imari mu iterambere ry’igihugu.
  • Guteza imbere ubufatanye bwimbitse mu karere binyuze mu kwakira impinduka no koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.
  • Kubaka MINECOFIN nk’ikigo gikomeye, gikora neza kandi cyitabira vuba ibyo abaturage bakeneye.